umunaniro
Ubuzima

Ese Ujya ukunda kwibagirwa, kugira ibinya, guhorana umunaniro…? Dore icyo bisobanuye

Spread the love

Amaraso iyo atembera neza bifasha umubiri cyane kuko bituma ibice byose bigeramo umwuka mwiza wa oxygen, ibitunga umubiri ndetse n’abasirikare bashinzwe kurinda umubiri. Iyo amaraso adatembera neza uko bikwiye haba hari ikibazo, ndetse bishobora gutera uburwayi bukomeye ufite iki kibazo.

Mu gihe amaraso atembera nabi hari ibimenyetso ubona, nuramuka ubonye bimwe muri ibi bimenyetso, ni ngombwa kwihutira kwa muganga, bakamenya neza ikibazo ufite.

Bimwe muri ibyo bimenyetso:

1. Igihe ubushobozi bwo kwibuka ubona bugenda bugabanuka

Ubwonko buri mu bice by’umubiri bikenera cyane amaraso menshi kugira ngo bukore neza. Iyo amaraso adatembera neza, ngo agere mu bwonko, ubushobozi bw’ubwonko mu gukora no kwibuka ibintu buragabanuka. Niba utangiye kugira ikibazo cyo kumva utagitekereza neza cyangwa utibuka ibintu nk’uko byagendaga mbere, iki gishobora kuba ikimenyetso cy’uko amaraso atembere nabi mu mubiri.

2. Kugira ibinya mu maguru

Ibinya mu maguru bishobora kubaho, iyo amaraso atagera neza muri ibyo bice. Gusa, iyo ubona ibinya bitangiye kuba byinshi, ukabona bikunda kuza cyane, iki ni ikimenyetso cy’uko hari ikibazo gikomeye mu buryo amaraso atembera mu mubiri.

3. Kugira ibibazo mu gifu bidasobanutse

Iyo amaraso adatembera neza bishobora gutuma igifu kidashobora kwinjiza intungamubiri zivuye mu biryo. Iyo nta maraso ahagije agera ku gifu, ibiryo uriye bishobora kunyura mu gifu bitayunguruwe neza, bityo igogorwa ntirikorwe uko bikwiye. Ibi bishobora gutuma ugira iseseme, amara akora nabi n’ibindi bibazo bishobora kwibasira igifu, ukabyitiranya n’indwara y’igifu.

4. Kubura ubushake bwo kurya

Nubwo kubura ubushake bwo kurya bigoye kuba wamenya ko biterwa n’amaraso adatembera neza mu mubiri, ariko nacyo ni ikindi kimenyetso. Iyo amaraso atagera neza uko bikwiye mu rwungano ngogozi, igifu gitangira gukora gahoro. Ibi bizatuma wumva udashonje, mu kutarya uko bikwiye imikorere y’umubiri nayo iba ihagendera.

5. Guhora wumva unaniwe

Iyo amaraso atagenda neza, bivuze ko n’umwuka, vitamines n’imyunyungugu bigera nabi cyangwa ntibigere mu bice bitandukanye by’umubiri. Iyo umubiri ubuze ibiwutunga, utangira gushaka uburyo ugabanya imbaraga ukoresha kugira ngo ubashe kubaho. Ibi nibyo bishobora gutera guhora wumva unaniwe, no gukora utuntu duto ukumva turakunaniza.

6. Kumva ukonje ibirenge cyangwa intoki

Iyo amaraso atembera nabi mu mubiri, ibice bya mbere bigira ibibazo ni ku mpera (nk’amano n’intoki). Amaraso atwara ubushyuhe abujyana ku mpera z’umubiri, iyo amaraso agenda gahoro cyangwa nabi bizatuma ubushyuhe butagera neza muri ibyo bice, bityo ubukonje bwibasire ibyo bice.

7. Kuzana utubara tw’umukara munsi y’amaso

Hari impamvu zitandukanye zishobora gutuma munsi y’amaso hirabura cg hakanyarara, amaraso atembera nabi niyo mpamvu ya mbere ibitera cyane. Kumenya neza niba ari ikibazo cy’amaraso atembera nabi; ushobora kwegura n’intoki ako gace, iyo ubonye nyuma yo gukuraho intoki akanya gato hadasa umukara nk’ibisanzwe, nyuma y’amasegonda macye hagatangira kwirabura, iki kiba iri ikibazo cy’amaraso atembera nabi.

8. Guhindura ibara k’uruhu

Iyo mu kiganza cyangwa mu birenge hatagera umwuka uhagije, utangira kubona ibara ryaho rihinduka, rigenda riba nka mauve/purple cyangwa ubururu. Ibi bizakwereka ko amaraso adatembera neza muri ibyo bice.

9. Ubudahangarwa budafite ingufu

Urwungano rw’amaraso nirwo rushinzwe kubungabunga ubudahangarwa bw’umubiri. Iyo amaraso yawe atembera nabi, bivuze ko intungamubiri zitandukanye nka vitamines n’imyunyungugu ndetse n’abasirikare bashinzwe kurinda umubiri baba batagera uko bikwiye mu bice by’umubiri, ugereranyije n’amaraso atambera neza. Ibi kandi byiyogeraho ko urwungano ngogozi ruba rukora nabi, bityo ntirubashe kwinjiza intungamubiri umubiri wacu ukenera ngo ubashe gukora abasirikare.

10. Kugabanuka k’ubushake bwo gutera akabariro

Iyo amaraso atembera nabi ashobora no gutera ibibazo mu rwungano rw’imyororokere. Yaba mu bagabo cyangwa abagore imyanya myibarukiro ikenera amaraso menshi kugira ngo ikore neza, iyo itabashije kuyabona byinshi birangirika muri ibyo bice. Ku bagore; amaraso atembera nabi ashobora gutera kugira ukwezi kw’imihango guhindagurika cyane cyangwa ibibazo by’uburumbuke mu gihe ku bagabo bigaragarira, ku gucika intege mu gihe cy’imibonano, ukaba utanashyukwa. Icyo kandi bahuriraho nuko ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina bugabanuka kuko amaraso aba atagera uko bikwiye muri ibyo bice.

Ngibyo muri make ibimenyetso byakwereka ko amaraso atembera nabi mu mubiri, igihe ubonye kimwe cyangwa byinshi muri ibi bimenyetso, wagakwiye kwihutira kwa muganga, bakaba bagusuzuma bakamenya neza ikibazo gitera kuba amaraso yawe adatambera uko bikwiye.

Izindi wasoma:

Wari uzi ko gufunga umusuzi ari nko kwiyahura? Sobanukirwa

Sobanukirwa neza iminsi y’uburumbuke(yatwariramo inda) n’uko wayibara ntakwibeshya

Imimaro 10 ya Tungurusumu ku mubiri w’umuntu harimo no kuvura indwara zinyuranye

Dore ibintu 7 abantu bafata nk’ibisanzwe kandi byangiza cyane umutima ukwiye kwirinda

Sobanukirwa indwara ya Stroke, ikiyitera, uko ivurwa n’uko wayirinda

Prophet Byukurabagirane Noheli wahawe inkwenene ubwo yavugaga ko Imana yamusabye kurongora umugore wa nyakwigendera Paster Theogene yafashe ingamba nshya


Spread the love